Nyuma y’uko mu mukino ubanza ikipe ya Arsenal yo mu Bwongereza yari yandagajwe bikomeye na Bayern Munich igatsindwa ibitego 5 kuri 1, niko n’umukino wo kwishyura wagenze, n’ubundi ikaba yanyagiwe ibitego 5-1 biba igiteranyo cy’ibitego 10 kuri 2, ihita inasezererwa nabi mu marushanwa ya UEFA Champions League.
Ikipe ya Arsenal yo mu Bwongereza, kuri uyu wa Kabiri tariki 7 Werurwe 2017, yakiriye Bayern Munich yo mu Budage, aho abakunzi bayo bari biteze kureba ko ishobora kwihagararaho ku kibuga cyayo igatsinda iyi kipe yayandagaje. N’ubwo gutsinda nk’ibyo yatsinzwe ntawabitekerezaga, hari abatekerezaga ko ishobora gutsinda bicye igasezererwa yagerageje ariko siko byayigendekeye.
Ku munota wa 20 gusa w’umukino, Theo Walcott yatsindiye Arsenal abafana bayo batangira kubona ko bishoboka, ndetse igice cya mbere cy’umukino kirangira Arsenal igifite igitego kimwe ku busa bwa Bayern Munich. Igice cya kabiri cy’umukino, byibazwaga niba Arsenal ibasha gutsinda ibindi bitego 3 igasezerera iyi kipe yo mu Budage.
Ku munota wa 53 w’umukino, igice cya kabiri kigitangira, Laurent Koscielny yakoze ikosa mu rubuga rw’amahina bimuhesha ikarita y’umutuku ndetse binahesha Bayern Munich penaliti yinjijwe neza na Robert Lewandowski. Byari intangiriro y’akaga kuri Arsenal yari isigaye ifite abakinnyi batuzuye.
Ku munota wa 68, Arjen Robben yatsindiye Bayern Munich ikindi gitego, ku munota wa 78 Douglas Costa ayitsindira ikindi, ku munota wa 80 Arturo Vidal atsinda icya kane, maze ku munota wa 85 uyu Arturo Vidal ashyiramo icy’agashinguracumu, biba bibaye ibitego 5 kuri kimwe cya Arsenal, igiteranyo kiba ibitego 10 kuri 2, iyi kipe y’abarashi ihita inasezererwa.
Imikino yo kuri uyu wa Kabiri yari itangaje. Ikipe ya Real Madrid nayo yakinnye na Napoli yo mu Butaliyani, kandi nazo ibitego zatsindanye mu mukino wazo ubanza ninabyo zongeye gutsindana. Real Madrid yari yatsinzwe ibitego 3 kuri 1 cya Napoli, n’umukino wo kwishyura niko wagenze, bituma igiteranyo kiba ibitego 6 kuri 2, Real Madrid ihita yikomereza.