Nk’uko byamaze kwemezwa n’ishyirahamwe ritegura amarushanwa ya CECAFA Kagame Cup, ikipe ya APR FC yo mu Rwanda ndetse n’ikipe ya Singida United yo muri Tanzania zamaze kwinjizwa mu irushanwa rya Kagame Cup y’uyu mwaka wa 2018
Iyi Kagame Cup igiye kubera muri Tanzania nyuma y’imyaka 2 itaba. Amakipe arimo Young Africans yo muri Tanzania na St George yo muri Ethiopia yikuye muri iri rushanwa biba ngombwa ko hashakwa andi makipe yo kuyasimbura.
APR FC yo mu Rwanda na Singida United yo muri Tanzania ni zo kipe zasimbujwe aya makipe yandi yikuye mu irushanwa, bakaba bazakina iyi Kagame Cup izatangira mu minsi 10 iri imbere mu gihugu cya Tanzania.
Amakipe 12 agabanyije mu matsinda 3 ni yo ari muri iri rushanwa, harimo 2 azaba avuye mu Rwanda, ikipe ya Rayon Sports yatwaye shampiyona ya 2017 na APR FC yinjiyemo isimbura izasezeye. APR FC na Singida United zose zirajya mu itsinda rya 3 ryarimo aya makipe yikuye muri CECAFA.
Amatsinda ya CECAFA Kagame Cup2018 :
Irushanwa rizatangira tariki ya 28 Kamena uyu mwaka, rizasozwe tariki ya 13 Nyakanga 2018, ribere Uwanja wa Taifa no kuri Chemanzi Complex Stadium ya AZAM FC, ibibuga byombi biherereye mu mujyi wa Dar Es Salaam.