AMAKURU

UKWEZI
Canal+ desk

De Gaule uyobora FERWAFA yibasiwe bikomeye kubera amagambo yavuze ku Rwanda

De Gaule uyobora FERWAFA yibasiwe bikomeye kubera amagambo yavuze ku Rwanda
22-03-2017 saa 14:05' | By Chief Editor | Yasomwe n'abantu 9551 | Ibitekerezo

Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’amaguru mu Rwanda, FERWAFA, yibasiwe bikomeye na bamwe mu bakinnyi bakiniye ikipe y’Igihugu Amavubi bakanayihesha kugera mu gikombe cya Afurika cy’ibihugu cya 2004 ari nacyo rukumbi u Rwanda rwabashije kujyamo. Ibi byaje nyuma y’uko uyu muyobozi atangaje ko muri 2004 atari u Rwanda rwagiyeyo ahubwo ari abanyamahanga.

Kuri uyu wa Kabiri tariki 21 Werurwe 2017 ubwo FERWAFA yerekanaga umutoza Antoine Hey ugiye gutoza ikipe y’igihugu Amavubi, Perezida w’iri shyirahamwe, Nzamwita Vincent De Gaule yavuze ko kuri we afata ko u Rwanda rutigeze rujya mu mikino ya nyuma y’igikombe cya Afurika (CAN) muri 2017 kuko ari abanyamahanga bagiyeyo.

Yagize ati : "Muzi ko twagiye muri CAN dukoresha abanyamahanga, kuri ubu bavuye mu ikipe y’igihugu. Ni nk’aho uhaye umwanya abana b’Abanyarwanda n’umurongo wo kwigaragaza kugirango bahe ingufu ikipe y’igihugu yacu, ikipe y’igihugu ni iy’abana bacu ubu... Ibyo kujya muri CAN sinjya mbitindaho kuko ni nk’aho kuri njyewe tutagiyeyo kuko twakoreshaga abanyamahanga kandi iyi gahunda turimo uyu munsi ni iya Nyakubahwa Perezida wa Repubulika yatekereje cyeera ariko kugirango ijye mu bikorwa byarananiranye..."

Aha Nzamwita Vincent De Gaule ari kumwe na Jimmy Gatete, umwe mu bakinnyi bahesheje u Rwanda kujya muri CAN ya 2004

Aya magambo ntiyashimishije bamwe mu bahoze bakinira Amavubi banajyanye iyi kipe muri CAN ya 2004 ndetse batangaje amagambo agaragaza agahinda n’uburakari batewe n’ibyavuzwe na De Gaule bafata nko gupfobya amateka y’ibigwi byiza u Rwanda rwagezeho. Karekezi Olivier na Mbonabucya Desiré nibo babigarutseho cyane babinyujije ku mbuga nkoranyambaga, aba bakaba bari no mu bakinnyi b’ingenzi iyo kipe yari yubakiyeho kandi ari Abanyarwanda.

Olivier Karekezi ati : "Nyakubahwa Perezida wa FERWAFA, ushobora kwishimira ibyiza igihugu kimaze kugeraho kuva intambara yarangira ? Ese ushingira he uvuga yuko igihugu cyabonye itike yerekeza mu gikombe cy’Africa binyuze mu banyamahanga ?Nimba ari ukujya mu kintu kigutunguye, nibyo bituma kwiyumvisha ibyo ugenda uvuga inzira zose bigenda bitungura umuntu wese usobanukiwe n’umupira ! Hanyuma 2015 badutera mpaga... bayiduteye kubera nde se ? Nimba ari uko wize ibyo korora amafi muri Congo, ngirango ninayo mpamvu ugera mu mupira bikagucanga ! Ibihugu byose byitabaza abahanga mu mupira b’abanyamahanga ni uko ari abasazi se ? Ese abakinaga 2004 uvuga ko ari abanyamahanga, ubu urusha ikinyarwanda Katawuti Ndikumana ? Njyewe reka nkugire inama... Wakomeza utakomeza kuyobora FERWAFA, nasaba ko uzanagusimbura azaza akomereza ku byiza waba waragezeho aho kuza uvuga ibidafitiye akamaro igihugu cyacu."

Olivier Karekezi ati : Nimba ari uko wize ibyo korora amafi muri Congo...

Mu butumwa burebure Desiré Mbonabucya (wari Kapiteni y’ikipe yagiye muri CAN) yanditse ku mbuga nkoranyambaga, na we yagaragaje ko yababajwe cyane n’amagambo ya Nzamwita Vincent De Gaule. Yagize ati : "Ngo u Rwanda ntirwagiye muri CAN ngo hagiyeyo abanyamahanga ! Ngo ku bwe arashaka ko rujyayo bwa mbere binyuze ku mutoza Antoine Hey !!

Nyakubahwa Perezida nagirango nk’uwabaye Captain w’ikipe y’igihugu Amavubi muri 2004 ubwo twajyaga muri CAN bwa mbere mu mateka y’u Rwanda, ndagirango nkubwire ko ayo magambo yo gupfobya amateka meza yabayeho muri ruhago yacu mu Rwanda ntashobora kuyihanganira kuko binkoraho cyane ndetse na bagenzi banjye nari mpagarariye icyo gihe.

Nyakubahwa Perezida nagirango mbanze nkwibutse amateka. U Rwanda rwari rumaze imyaka igera kuri 50 rutarakandagira muri CAN, ariko kubera ingufu abantu bashyizemo ku Isonga harimo Nyakubahwa Perezida wa Repubulika Paul Kagame aherekejwe na Guverinoma yose, badusabye twebwe nk’abakinnyi gukora iyo bwabaga tukerekana ko dushoboye ko twagera muri CAN, baturemamo icyizere, baduha ibyangombwa byose bikenerwa natwe dushyiraho akacu nk’abakinnyi tubigeraho. Igihugu cyose kirishima kuva ku muto kugera ku mukecuru n’umusaza ndetse n’akarusho ku babyibuka bari i Kampala, Nyakubahwa Perezida wa Repubulika yadutumiye indege idasanzwe (speciale) kugirango dutahe iryo joro kubera ibibazo by’umutekano byari bihari, ndetse Nyakubahwa Perezida wa Repubulika na Guverinoma yose twaraye tubyina intsinzi muri Stade Amahoro kugeza mu rukerera !

None Nyakubahwa De Gaulle uyu munsi utaramara n’imyaka itanu umenyekanye mu mupira, nabwo mu bintu bidasobanutse, urashaka gupfobya ibyo byishimo by’igihugu cyose ? Nyakubahwa Perezida De Gaulle nagirango ngaruke kuri ibyo uvuga ngo ikipe y’icyo gihe yari abanyamahanga gusa !! Ubihera he wambura umuntu ubwenegihugu yahawe na leta ? Nka nde ? Nagirango nkwibutse ko u Rwanda ari igihugu kigenga kandi gishobora guha ubwenegihugu uwo gishatse wese. Ikindi ndagira ngo nkwibutse ko mu mupira w’amaguru ugezweho nta bunyamahanga bubaho niba uri Perezida w’ishyirahamwe ry’umupira wagombye kuba ubizi !

Noneho nagirango ngaruke kuri abo wita abanyamahanga, n’abakinnyi 7 muri 22 bagiye muri CAN kandi na bo bahawe ubwenegihugu. Ubwo se abanyamahanga bari hehe ? Nyakubahwa De Gaulle iyo ubivuga wagirango ntunajya ureba ibindi bihugu ngo urebe abakinnyi biba bifite !! None uzateza umupira ute imbere utazi gukopera ibyo abandi bakora byiza bitanga umusaruro ?? Nyakubahwa De Gaulle nagirango ku giti cyanjye nongere nkunenge cyane !

Muri Congo Brazzaville wafashe icyemezo cyo gukinisha Daddy Birori kandi umutoza na Team manager bakubwiye ko ari ikibazo !! Wowe ubwawe utanga itegeko ry’uko akina ko ibindi bibazo uzabyirengera !! Nyuma biza kurangira dutewe mpaga igihugu cyose kirababara biguturutseho ! Kuki nk’umugabo utabyirengeye ? Ikindi kubyirengera wasanze ari ukwihimura ku bari barahawe ubwenegihugu byemewe n’amategeko kandi amakosa ari ayawe ? Ibyo rero byo guhuzagurika nyakubahwa nibyo bituma umupira udatera imbere !!!

Reka ngaruke ku mutoza. Umutoza Antoine Hey mwamutoranyije mumaze kugirana amasezerano mbere na Fédération y’umupira w’amaguru y’u Budage mu nama yabereye South Africa, kuki mwiriwe mucuragiza bariya batoza bandi munabeshya Abanyarwanda ? Nyakubahwa De Gaulle twebwe aba Sportif byose turabibona ariko ubu birakabije kuko wageze aho utagomba kugera ushaka gupfobya amateka ya football yacu mu Rwanda !! Twe kuri twe bakinnye CAN tubibona nk’agasuzuguro !!

Reka ndangirize aha ariko sinarangiza ntakubajije impamvu ufata umutoza ukamuha umwaka umwe ukamusaba kutujyana muri CHAN cyangwa CAN byamunanira akagenda ! Ibyo nibyo bizateza football yacu imbere ? Biratangaje cyane, kuri twe aba sportif bivuga ko aje gupima amahirwe ! Icyo nacyo ni kimwe mu byica umupira wacu kuko umutoza azakorera ku gitutu ntashobora gutekereza kure.

Nkaba ndangiza nsaba Minisiteri ya Siporo ko yashishoza neza koko niba De Gaulle ari we muntu ukenewe kuko bigaragara ko ibyo abandi bose bakoze mbere ye abisuzugura, ko ntacyo bakoze kandi yibagirwa ko ku bw’abamubanjirije habayeho Amakipe yagiye muri CAN na Coupe du Monde U17 (Igikombe cy’isi cy’abatarengeje imyaka 17). Twizere ko Minisiteri iza kugira icyo ikora kuri aya magambo asuzuguza cyangwa asebya igihugu. Njye ku bwanjye nkurikije amakosa akorwa n’imivugire idahwitse nkaba namusaba kwegura. Nkaba mbashimiye cyane bavandimwe namwe nshuti ba sportif nanditse byinshi muranyihanganira ni akababaro ko kumva umuntu usebya amateka meza y’ibyagezweho muri Siporo yacu."

Desiré Mbonabucya wari Kapiteni y’ikipe y’u Rwanda yagiye muri CAN


INKURU ZA :
Tanga Igitekerezo
Ibitekerezo
IGURIRE
Reba Ibindi Byinshi
IBARUWA ZA JORIJI
URUKUNDO
INKURU ZIKUNZWE
English
Ibitekerezo
IZINDI NKURU WASOMA