Nyuma y’uko shampiyona y’umupira w’amaguru mu Rwanda Azam Rwanda Premier League 2017-2018 itarangiriye igihe kubera ikipe y’igihugu Amavubi yitabiriye imikino y’igikombe cya Africa ku bakinnyi bakina imbere mu gihugu (CHAN) ndetse no gusubikwa kw’imikino kwa hato na hato kubera imwe mu mikino itararangiriraga igihe kubera imvura, kuri ubu Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryerekanye uko imikino y’ibirarane byose byari bisigaye bigiye gukinwa.
Nk’uko bigaragara, ikipe ya Rayon Sports ni imwe mu makipe afite urugamba rutoroshye dore ko iri mu marushanwa nyafurika ya CAF Confederation Cup, ibi bikiyongeraho andi marushanwa nk’igikombe cy’Amahoro ndetse n’iyi mikino ya shampiyona igomba gukora ibishoboka ngo izitware neza ibashe guhatana na APR FC na AS Kigali ziyiri imbere ku rutonde rw’agateganyo.
Muri rusange, iyi mikino uko izagenda ikinwa hatagize ikindi kizahinduka nyuma, byaba bivuga ko uku kwezi kwa Kanama kwazakinwamo imikino myinshi kugirango kurangire n’ibirarane byararangiye bityo amakipe abone guhatana mu gikombe cy’amahoro muri Nyakanga. Tariki 12 Kamena niyo tariki ya nyuma y’iyi mikino y’ibirarane.
Uko imikino izagenda ikinwa n’amatariki izagenda iberaho :
Taliki ya 2, Kamena 2018
Taliki ya 3, Kamena, 2018
Taliki ya 5, Kamena, 2018
Taliki ya 06, Kamena, 2018
Taliki ya 08, Kamena, 2018
Taliki ya 09, Kamena, 2018
Taliki ya 10, Kamena, 2018
Taliki ya 12, Kamena, 2018