Abantu bataramenyekana bashyize ku mbuga nkoranyambaga amafoto y’ umukinnyi Muhire Kevin wahoze akinira ikipe ya Rayon Sports.
Bibaye nyuma y’ iminsi mike ku mbuga nkoranyambaga hagaragaye video y’ umunyezamu wa APR FC Kimenyi Yves nawe igitsina cye kikagaragara muri iyo video.
Muhire Kevin asigaye ikipe ya El Dakhleya Sporting Club yo mu Misiri.
Kimenyi Yves nawe washyizwe ku karubanda n’abantu bataramenyekana bavuze ko biteguye gushyira hanze abakinnyi benshi b’Abanyarwanda bagiye baganira n’abakobwa bambaye ubusa kuri Skype.
Nubwo bimeze gutyo ariko umukobwa w’ Umunyarwandakazi washyizwe mu majwi ashinjwa gukwirakwiza amashusho ya Kimenyi Yves yambaye ubusa yarabihakanye.
Muhire Kevin yavutse tariki 17 Ukwakira 1998,nawe yagaragaye mu mafoto yambaye ubusa ari gukwirakwizwa ku mbuga nkoranyamba, ndetse biravugwa ko abafite amashusho y’aba bakinnyi baragenda bayashyira hanze buhoro buhoro.
Abantu bashyira hanze aya mafoto n’amashusho y’abakinnyi b’umupira w’amaguru b’Abanyarwanda,bavuga ko bashaka guca ubuhehesi bwabo.
Amafoto y’ amashusho y’ abahungu n’ abagabo bambaye ubusa ntabwo yari amenyerewe ku mbuga nkoranyambaga , ubusanzwe byakorwaga n’ abakobwa cyangwa abagore bafite intego yo kumenyekana.