Ahagana saa tanu za mu gitondo, mu mvura nyinshi, kuri iki cyumweru tariki 29 Mutarama 2017, abagize umuryango wa Rayon Sports bahuriye ku Kicukiro basasa inzobe bacoca ibibazo bafite ndetse bafata n’ingamba nshya mu nama y’inteko rusange.
Nk’ibisanzwe mu muryango iyo bacoca ibibazo, impaka, gukoresha amagambo akomeye no gushinjanya amakosa nibyo byaranze iyo nama y’inteko rusange, ahanini bibaza ku kudatera imbere ndetse n’ibibazo birimo kuvugwa muri Rayon Sports kandi irimo itsinda ari iya mbere.
Impande 2 zidahuza no kutubahiriza amategeko y’umuryango biri mu byavuzwe ndetse bimara umwanya munini byibazwaho cyane. Bamwe mu bantu bayoboye Rayon Sports bibaza impamvu nta gihinduka.
Inama y’Inteko rusange yitabiriwe n’abanyamuryango batandukanye
Gacinya Dennis, Perezida wa Rayon Sports
Bimwe mu byakuruye impaka cyane ni ibaruwa FERWAFA yandikiye Rayon Sports FC iyisaba gushaka ubuzima gatozi, bamwe mu banyamurango bakaba batiyumvisha ukuntu Rayon Sports FC igomba kongera gushaka ubuzima gatozi kandi n’umuryango wa Rayon Sport ibufite. Ikindi cyakuruye impaka cyane ni uburyo bwo kongera amasezerano n’umuterankunga mukuru ari we Skol.
Imwe mu myanzuro yafatiwe mu nama y’inteko rusange y’umuryango wa Rayon Sports :
Abanyamuryango babiri bemeye kwitanga mu buryo bw’amafaranga azafasha mu ishyirwa mu bikorwa ry’umwe muri iyo myanzuro, muri abo hakaba harimo Ngarambe Charles wemeye guhemba mu gihe cy’amezi 6 umukozi uhoraho uzakorera Rayon Sports, ndetse na Hadji Yusuf yemera kwishyura inzu uwo mukozi azakoreramo na we mu gihe cy’umwaka, ndetse ni nawe wasabye ko habaho umwiherero w’abanyamuryango.
Umuhanzi Senderi International Hit na we yari ahari
Abagize Komite ya Rayon Sports
Mu bindi byaganiriwe muri iyo nama harimo uko bategura umukino wa Confederation Cup aho izajya gukina muri Sudani y’epfo, ndetse Minisiteri yabateye inkunga y’amatike y’indege 25, nta hoteli ariko barimo kuganira na Rwandair kugirango ibahe indege ijyamo abantu 60 hanyuma ikanabagabanyiriza igiciro bikava ku madorali 500 bikajya kuri 400 kugirango n’abafana bazabashe guherekeza ikipe ndetse abafana baramutse babaye benshi hashobora gushakwa indege ijyamo abantu 120.