Rutahizamu wa Paris Saint Germain, Neymar da Silva Santos Júnior ubu uri mu ikipe y’Igihugu ya Brazil iri mu mikino yo gushaka itike yo kujya mu gikombe cy’Isi, yaje mu myitozo ari mu ndege ye yo mu bwoko bwa Kajugujugu ifite agaciro ka Miliyoni 20 USD (hafi miliyari 20Frw) yaje ikamutereka mu kibuga.
Neymar da Silva Santos Júnior usanzwe uzwiho udukoryo, yitabiriye imyitozo y’Ikipe y’Igihugu yibereye muri iriya ndege ye bwite yo mu bwoko bwa Airbus H-145.
Ikinyamakuru The Legit dukesha iyi nkuru, kivuga ko iyi kajugujugu ya Neymar ifite agaciro ka Miliyoni 20 z’Amadolari ya America angana na Miliyoni hafi 20 Frw.
Iki kinyamakuru kivuga ko iyi ndege ishobora gutwara abantu 11 ikaba yazanye Neymar ari kumwe n’abandi bagenzi be bakinana mu ikipe y’Igihugu.
Ubwo iyi ndege yasesekaraga ku kibuga cyakoreweho imyitozo, abantu bari baje kwihera ijisho, batunguwe bose bahita bakora mu mifuka bazamura telephone zabo ubundi batangira gufata amashusho y’uyu rutahizamu yururuka muri iyi kajugujugu ye.
Ni indege yakozwe n’uruganda rwa Mercedes aho Neymar yayisigishije irangi ry’umukara rya Batman nk’intwari asanzwe akunda.
UKWEZI.RW