Kuwa Gatandatu w’icyumweru gishije nibwo hasohotse urutonde rugaragaza abakinnyi 5 b’umupira w’amaguru bakomoka ku mugabane w’Afurika bitwaye neza kurusha abandi muri uyu mwaka wa 2016 bakaba bazatorwamo umwe uzahabwa igihembo gitegurwa kikanatangwa na BBC.
Ni igikorwa ngarukamwaka gitegurwa na BBC aho baha igihembo umukinnyi witwaye neza ukomoka ku mugabane wa Afurika.
Aba bakinnyi uko ari batanu bamaze kujya ahagaragara ni Pierre-Emerick Aubameyang, Andre Ayew, Riyad Mahrez, Sadio Mane na Yaya Toure.
Abafana b’umupira w’amaguru nibo bagira uruhare mu itorwa ry’umukinnyi uhiga abandi kuko buri wese aho yaba ari hose ku Isi yagira uruhare mu gushyigikira umukinnyi abona ko yarushije abandi muri aba uko ari 5.
Igikorwa cyo gutora kizatangira saa kumi n’ebyiri 18:00GMT tariki ya 28 Ugushyingo aho kizarangira tariki ya 12 Ukuboza akaba aribwo hazaba hatangazwa umukinnyi wegukanye iki gihembo binyujijwe kuri Radio na Televiziyo bya BBC guhera saa 17:35
Aubameyang ukinira ikipe ya Borussia Dortmund mu gihugu cy’Ubudage, akaba ari umwataka ukomeye w’ikipe y’igihugu ya Gabon, agiye kuri uru rutonde ku nshuro ya 4 akaba ari nawe wegukanye iki gihembo mu mwaka wa 2011.
Aubameyang ari mu bakinnyi batsinze ibitego byiza muri Shampiyona
Aubameyang kandi yagiye ku rutonde rw’abazahatanira igihembo gikomeye cyane gihabwa umukinnyi witwaye neza kurusha abandi bose muri uyu mwaka wa 2016 ku rwego rw’Isi“Ballon d’Or.”
Andre Ayew avuka mu gihugu cya Ghana ubu akaba akinira ikipe ya West Ham iherutse kumugurira ikipe ya Swansea muri Kanama uyu mwaka nawe akomeje kugaragaza ko ashoboye muri iyi minsi.
Andre Ayew akomeje guca agahigo ko gutsinda
Ayew yarigaragaje cyane muri 2015/2016 aho yatsindiye ikipe ya Swansea yakiniraga ibitego 12 mu mikino 35 gusa yakinnye .
Mahrez ukomoka mu gihugu cya Algeria, akinira ikipe ya Leicester City mu Bwongereza nawe akomeje kugaragaza uruhare rukomeye mu gutsindira ikipe ye aho yayitsindiye ibitego 17 mu mwaka wa 2015/2016 akaba yaranagizwe umukinnyi ukomoka muri Afurika witwaye neza muri Shampiyona yo mu Bwongereza 2015/16.
Mahrez ukinira ikipe ya Leicester City
Sadio Mane avuka mu gihugu cya Senegal akaba yaragiye akora amateka mu marushanwa y’umupira w’amaguru muri Afurika.Akinira ikipe ya Liverpool aho bamuguze ama Miliyoni 34 z’Amapawundi ubu akaba ahagaze neza muri Shampiyona yo mu Bwongereza.
Saido Maine uri guhagurutsa abafana ba Liverpool
Mu mikino 11 Saido Mane amaze gukinira ikipe ya Liverpool ku kibuga cya Anfield amaze gutsinda ibitego 6 anatanga imipira yavuyemo ibitego 4 .
Yaya Toure umaze kugira imyaka 33, avuka muri Ivory Coast yakinnye imikino mpuzamahanga myinshi akaba akinagaragaza ko agifite imbaraga.Toure kandi yanatsindiye iki gihembo cya BBC umwaka ushize ubu akaba afite icyizere ko n’icy’uyu mwaka azacyegukana.
Yaya Toure ku myaka ye 33 aracyafite imbaraga
Yaya Toure amaze kugira agahigo ko kwegukana ibikombe bigera kuri 17 byose akesha kwitwara neza mu mupira w’amaguru, icyo aheruka akaba yaragihawe ubwo yatsindaga Liverpool kuri penaliti bigahesha Manchester City igikombe.