Umukinnyi Yannick Bizimana yakiniraga AS Muhanga yamaze kwemeranya na Rayon Sports ku masezerano y’ imyaka ibiri.
Bizimana yari umwe mu bakinnyi bakomeye b’ ikipe ya AS Muhanda. Yitwaye neza cyane muri Shampiyona ishize 2018/19 yarangiye atsinze ibitego 14.
Uyu mukinnyi yigaragaje cyane muri shampiyona yose ariko by’ umwihariko mu mukino wa tariki 18 Gicurasi 2019, umunsi AS Muhanga yatsinze APR FC 2-0 ikayigabanyiza mu buryo bufatika amahirwe yo gutwara igikombe cya Shampiyona. Muri ibyo bitego 2 byabonetse uwo munsi harimo kimwe cya Yannick Bizimana.
Kuri uyu wa 20 Kamena 2019 nibwo Yannick Bizimana yasinye muri Rayon Sports amasezerano y’ imyaka 2 anahabwa umupira azajya akina yambaye.