Kuri iki Cyumweru tariki 4 Werurwe 2018, Rayon Sports yari yakiriye Espoir FC y’ i Rusizi mu mukino w’umunsi wa 13 wa shampiyona. Ni umukino wabereye kuri stade ya Kigali i Nyamirambo, ikipe ya Rayon ikaba yabashije kubona intsinzi nyuma y’ibibazo imaranye iminsi.
Rayon Sports iheruka gukura amanota i Gicumbi bigoranye yatsinze Espoir FC ibitego 3 ku busa mu mukino Chris Mbondi yatsinzemo ibitego 2 wenyine. Uyu mukino Rayon Sports yawutangiye
isatira cyane, ku munota wa 39 w’igice cya mbere Chris Mbondi abona igitego cya mbere muri uyu mukino kikaba igitego cya kabiri atsinze muri Rayon Sports mu mikino ibiri gusa.
Igice cya mbere nta byinshi bihambaye Espoir FC yakinnye bituma igice cya mbere kirangira ari igitego kimwe cya Rayon Sports ku busa bwa Espoir.
Igice cya Kabiri cyatangiranye impinduka ku ruhande rwa Rayon Sports Mukunzi Yannick asimburwa na Niyonzima Olivier Sefu, ikipe itangira gusatira mu buryo bugaragara. Bimenyimana Caleb yatsinze igitego cya kabiri ku munota wa 49 bituma Rayon Sports ikomeza kwizera intsinzi.
Abakinnyi ba Rayon Sports nka Caleb na Muhire Kevin bakomeje guhusha ibitego byari byabazwe ariko ahagana ku munota wa 87 Chris Mbondi yatsinze igitego cya gatatu bituma Rayon yizera amanota 3. Umukino warangiye ari ibitego 3 bya Rayon ku busa bwa Espoir FC.
Kuwa Gatatu Rayon Sports izakira Mamelodi Sundowns yo muri Africa y’Epfo, mu mikino y’amakipe yabaye ayambere iwayo, CAF Champions League.