Ikipe ya Real Madrid yishyuye bigoranye igitego kimwe yari yatsinzwe na Tottenham ndetse umukino urinda urangira ari uko bikimeze mu gihe Liverpool yanyagiye ndetse ikereka isomo rya ruhago ikipe ya Maribor iyitsinda ibitego 7 ku busa, mu mikino y’amakipe yabaye ayambere iwayo i Burayi izwi nka UEFA Champions League.
Imikino ya UEFA Champions League ihuza amakipe yabaye ayambere iwabo ku mugabane w’U Burayi ryakomeje mu ijoro ryo kuwa Kabiri, tariki 17 Ukwakira 2017, mu mikino y’amajonjora aho amwe mu makipe yakomeje kwitwara neza ari nako akomeza gushaka itike iyerekeza mu cyiciro kizakurikiraho ubwo bazaba basoje imikino yo mu matsinda.
Ikipe ya Liverpool ni imwe mu makipe yabashije gukora amateka muri iri joro aho ibitego bibiri bya Firmino, bibiri kandi bya Saleh, kimwe cya Coutinho, kimwe cya Oxlade Chamberlain ndetse n’agashyinguracumu ka Alexander Arnord byayihesheje intsinzi y’ibitego 7 ubishyize hamwe mu gihe ikipe ya Maribor bari bahanganye ndetse iri iwabo itigeze ibasha kureba mu izamu na rimwe.
Uko amakipe yatsindanye kuri uyu wa Kabiri Tariki 17 Ukwakira
Apoel 1-1 B Dortmund
Feyenord 1-2 Shak Donesky
Man City 2-1 Napoli
Maribor 0-7 Liverpool
Monac 1-2 Besikatas
RB Leipzig 3-2 Fc Porto
Real Madrid 1-1 Tottenham
Spartak Moskvo 5-1 Sevilla
Uko imikino iteganijwe kuri uyu wa Gatatu tariki 18 Ukwakira 2017
Qarabag VS Atletico Madrid
Anderlecht VS Pais Saint Germain
FC Barcelona VS Olympiakos
Bayern Munich VS Celtic
Benfica VS Man United
CSKA Moscow Vs Basel
Chelsea VS AS Roma
Juventus VS Sporting Lisbon
Tottenham yabanje gutsinda igitego nyuma Real Madrid iza kucyishyura gitsinzwe na C Ronaldo
Ikipe ya Liverpool yerekanye isomo rya ruhago itsinda ibitego 7 ku busa bwa Maribor