AMAKURU

UKWEZI
Canal+ desk

Umunyamabanga mukuru wa FERWAFA yeguye avuga ko azagaruka mu gihe kizaza

Umunyamabanga mukuru wa FERWAFA yeguye avuga ko azagaruka mu gihe kizaza
16-04-2018 saa 12:06' | By Akayezu Jean de Dieu | Yasomwe n'abantu 3881 | Ibitekerezo

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 16 Mata 2018, nibwo uwari Umunyamabanga Mukuru w’Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda yashyikirije iri shyirahamwe ibaruwa avuga ko yeguye ku mpamvu atatangaje gusa avuga ko azishimira kongera gukorana na FERWAFA mu gihe kizaza

Mu ibaruwa y’ubwegure bwe, Habineza Emmanuel wari Umunyamabanga mukuru wa FERWAFA kuva muri Gashyantare uyu mwaka wa 2018, yavuze ko n’ubwo abasezeye ariko azanezezwa no kuzongera gukorana nabo mu gihe kizaza.

FERWAFA yemeje ubwegure bwa Habineza Emmanuel ivuga ko komite nshingwabikorwa ibishinzwe iricara ikagena ibijyanye n’isimbuzwa ry’uyu mugabo wamaze kubasezera.

Impinduka zidasanzwe muri iri shyirahamwe zikomeje gukorwa nyuma y’aho hatorewe umuyobozi mushya waryo (Rtd) Brig. Gen. Sekamana Jean Damascene dore ko mu minsi ishize ari bwo uwari umuvugizi wa FERWAFA yakuwe kuri uyu mwanya agasimbuzwa Bonnie Mugabe wari usanzwe ashinzwe itangazamakuru muri FERWAFA.


INKURU ZA :
Tanga Igitekerezo
Ibitekerezo
IGURIRE
Reba Ibindi Byinshi
IBARUWA ZA JORIJI
URUKUNDO
INKURU ZIKUNZWE
English
Ibitekerezo
IZINDI NKURU WASOMA